IKIBIRIRAHO, Amerika na Iran byarasanye ku nshuro ya mbere muri ibi byumweru byari bishize
Iran ivuga ko icyo gitero ku kirwa cya Larak, cya mbere kizwi Amerika igabye kuva mu mpera ya Nyakanga (7), cyishe abantu babiri ndetse gikomeretsa abandi babiri.
Umubare wâabantu baburiwe irengero muri
Nepal nyuma yâumwuzure wâigihe gito (flash flood) wabaye ku wa gatatu,
wazamutse ugera ku bantu 4,247, mu gihe abantu nibura 903 bazwi ko bapfuye.
Uwo mubare wâababuriwe irengero wiyongereye
cyane uvuye ku bantu 2,502 bari batangajwe ku cyumweru.
Ahavuye isanamu, Reuters
Muri abo baburiwe irengero, 3,655 ni abaturage ba Nepal, mu gihe abanyamahanga 592 bataramenyekana aho baherereye.
Muri Tibet â akarere kagenzurwa nâUbushinwa â umubare wâabapfuye watangajwe nâabategetsi ni abantu 16, mu gihe abantu 546 batangajwe ko baburiwe irengero, nkuko bitangazwa nâibitangazamakuru byo mu Bushinwa.
Abantu babarirwa mu magana mu baburiwe irengero byemezwa ko bari abakozi bo ku ngomero zâamashanyarazi zo muri Nepal, bamwe muri bo bakaba barakoreraga mu miyoboro yo munsi yâubutaka.
Ănal Ăstel, Minisitiri
wâintebe wâiyiyise repubulika ya Turukiya kuri Cyprus, yavuze ko ubwo bwato
bwari butwaye abagenzi 259 ndetse burimo abantu umunani babukoramo, ubwo amazi
yatangiraga kubwinjiramo ku cyumweru nyuma yuko buhagurutse mu mujyi wa Kyrenia
uri ku nkombe.
Ăstel yanditse ku
mbuga nkoranyambaga ko umusare mukuru (kapiteni) wâubwo bwato hamwe nâabandi
barindwi babukoramo bafunzwe bijyanye nâiperereza ririmo gukorwa ku âkuntu
ibyago byabayeâ.
Abategetsi bavuga ko
benshi mu bari bari muri ubwo bwato batabawe. Igikorwa cyo gushakisha no gutabara
cyâabategetsi bo muri Turukiya kirakomeje.
Rwanda: Abanyeshuri barenga 7000 bakopeye ibizamini bya leta bagiye kubisubiramo
Ahavuye isanamu, MINEDUC
Insiguro y'isanamu, Minisitiri w'uburezi mu Rwanda Joseph Nsengimana ubwo yatangizaga ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza ku itariki ya 7 Nyakanga (7) uyu mwaka
Minisiteri y'uburezi mu Rwanda yatangaje ko iperereza yakoze ku bikorwa byo gukopera no gukopeza ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza by'umwaka w'amashuri wa 2025/2026 ryemeje ko habaye gukopera mu buryo bwa rusange mu byumba 254 byakorerwagamo ibizamini, byarimo abanyeshuri 7,188 bo mu hirya no hino mu gihugu, ubu bakaba bagiye kubisubiramo.
Mu itangazo yasohoye ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryo ku cyumweru, yavuze ko "n'ubwo ubusanzwe uwakoze amakosa nk'aya ahanishwa gutesha agaciro ibizamini yakoze" atari ko bigiye kugenda kuri abo banyeshuri, kuko iperereza ryasanze "bimwe muri ibi bikorwa byo gukopera byateguwe cyangwa bikagirwamo uruhare n'abantu bakuru bari bahawe inshingano zo gukoresha no kugenzura itangwa ry'ibizamini".
Amerika na Iran byarasanye ku nshuro ya mbere muri ibi byumweru byari bishize
Ahavuye isanamu, Reuters
Insiguro y'isanamu, Amato ari mu Muhora wa Hormuz arimo kuboneka hafi yâumwaro wa Bandar Abbas, uri hafi yâikirwa cya Larak
Amerika na Iran byarasanye nyuma yuko ingabo
zâAmerika zigabye igitero ku ntwaro ebyiri zifashishwa mu kohereza ibisasu bya rokete
zari ziri ku kirwa cya Larak mu Muhora wa Hormuz.
Igitangazamakuru CBS News gikorana na BBC
muri Amerika cyasubiyemo amagambo yâumuvugizi wa bimwe mu biro bikuru byâingabo
zâAmerika (CENTCOM), Komanda Tim Hawkins, agira ati:
âAbasirikare bo mu mutwe [wo
mu ngabo za Iran] wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) babonywe barimo
gutegura kohereza ibisasu bya rokete mu Muhora wa Hormuz bakoresheje [bifashishije] intwaro zo
mu nyanja.â
Umutwe wa IRGC wavuze ko icyo gitero cyo ku
cyumweru cyishe abantu babiri kinakomeretsa abandi bantu babiri, ndetse
wasezeranyije âigisubizo [ukwihorera] nâigihanoâ. Nyuma wavuze ko wagabye
igitero ku hantu hakorerwa nâingabo zâAmerika muri Jordan (Jordanie), nkuko
bitangazwa nâibitangazamakuru bya leta ya Iran.
CENTCOM yavuze ko yakoze
âigikorwa gito, kidahushaâ ku ângabo zitega ibisasu bya mine biteje inkeke zâaka
kanya mu Muhora Hormuzâ.
Mu kwihorera, Iran
yavuze ko yarashe ku bigo bya gisirikare byâAmerika byo muri Jordan (Jordanie).
Ingabo za Jordan yavuze ko zasamye misile umunani mu gitondo cya kare cyo ku wa
mbere.
Mu yandi makuru, televiziyo ya leta ya Iran yavuze ko ingabo zâicyo
gihugu zarashe ku kibuga cyâindege cya gisirikare cyo muri Emira Zunze Ubumwe zâAbarabu
(UAE) zikoresheje indege nto zâintambara zitajyamo umupilote (drone).
Ariko ministeri yâingabo
ya UAE yavuze ko amakuru yuko ikibuga cyâindege cya gisirikare cya Al-Minhad cyarashweho ânta shingiro afiteâ. Ariko UAE yemeje ko
yahanuye âdroneâ imwe.
Iki gitero cyâAmerika
ni cyo cya mbere kizwi igabye kuri Iran kuva mu mpera ya Nyakanga (7) ubwo Perezida
wâAmerika Donald Trump yabaga ahagaritse ibitero bishya Amerika yari yongeye kugaba
kuri icyo gihugu.
Ikirwa cya Larak kiri
hakurya yâicyambu (ikivuko mu Kirundi) cyâingenzi cya Bandar Abbas ndetse kiri
ku Muhora wa Hormuz, inzira yâingenzi cyane yo mu mazi inyuramo ibicuruzwa bijya
ahantu hanyuranye ku isi. 20% yâibikomoka kuri peteroli ndetse na gaze
itunganyije byajyaga binyura muri iyo nzira mbere yuko Amerika na Israel bitera
Iran ku itariki ya 28 Gashyantare (2) uyu mwaka.
Kuri ubu Iran isaba ko
amato atwara ibikomoka kuri peteroli anyura kuri iki kirwa kugira ngo agenzurwe
ndetse amakuru avuga ko irimo guhatira amato kuriha miliyoni 2 zâamadolari yâAmerika
(miliyari 2 FRW) kugira ngo ahanyure.
Mbere, ibiro ntaramakuru
Tasnim, bifitanye isano nâumutwe wa IRGC, byari byatangaje ko icyo gitero ku
kirwa cya Larak cyagabwe hakoreshejwe za âdroneâ.