IKIBIRIRAHO, Trump arimo kureba ku gufata ikirwa cya Kharg, akanavuga ko kumvikana bishobora kugerwaho vuba

Amerika ihanze amaso iki kirwa kuko ni cyo huriro ry'ibitoro byinshi cyane Iran igurisha - ni igice cy'ingenzi cyane ku bukungu bwa Iran.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Samba Cyuzuzo na Gisèle Berwa

  1. Kuva mu 1988, Trump yavugaga ku gufata ikirwa cya Kharg

    Ikirwa cya Kharg cya Iran
    Insiguro y'isanamu, Ikirwa cya Kharg cya Iran

    Kuva cyera ataraba Perezida wa Amerika, Donald Trump yakomeje kugira ikirwa Kharg cya Iran mu mboni ze.

    Nk’uko yabibwiye Financial Times, ubu arimo kureba niba yafata iki kirwa cya kilometero-kare 20 gusa ariko cy’ingenzi cyane ku bukungu bwa Iran.

    Ibi ni bimwe mu byo yatangaje mu gihe gishize:

    • 1988: Mu kiganiro na The Guardian, Trump yagize yagize ati: “Nakora akantu ku kirwa Kharg. Nagenda nkagifata. Iran ntiyananesha Iraq, ariko irimo kuzutagiza Leta Zunze Ubumwe.Byaba ari byiza isi ibafatiye ingamba”
    • 13 Werurwe(3), 2026: Mu kiganiro kuri radio ya Fox News, Trump yabajijwe kuri biriya yavuze mu 1988. Yasubije ko gufata Kharg bitari “hejuru ku rutonde” rwe. Ariko yongeraho ko ashobora guhindura ibitekerezo “mu masegonda”
    • Kuri uwo munsi nanone: Trump yanditse ku rubuga rwe Truth Social ko yategetse ibitero ku bikorwa bya gisirikare “ku ishema rya Iran, ikirwa cya Kharg”. Yavuze ko “Nahisemo kudasenya burundu ibikorwaremezo by’ibitoro kuri icyo kirwa” gusa ko yabikorwa Iran niyivanga mu muhora wa Hormuz
    • 30 Werurwe: Mu kiganiro na Financial Times uyu munsi, Trump yavuze ko Amerika “ifite amahitamo menshi” ku bigendanye n’iki kirwa. Ati: “Wenda turafata ikirwa Kharg, cyangwa ntitubikore. Byaba bivuze ko tugomba kuba turiyo [kuri icyo kirwa] igihe gito”
  2. DR Congo: Abarenga 300 bashimuswe n’inyeshyamba za ADF mu minsi ibiri ishize

    Intara ya Ituri mu burasirazuba bwa DR Congo imaze imyaka yibasiwe n'inyeshyamba za ADF

    Ahavuye isanamu, AFP

    Insiguro y'isanamu, Intara ya Ituri mu burasirazuba bwa DR Congo imaze imyaka yibasiwe n'inyeshyamba za ADF

    Mu gihe cy'iminsi ibiri abasivili barenga 300 bafashwe bugwate n’inyeshyamba za ADF (Forces démocratiques alliées) mu gace ka Irumu, ku muhanda wa Mambasa-Komanda, mu ntara ya Ituri mu burasirazuba bwa RD Congo, ibyongeye kugaragaza umuvuduko mushya w’urugomo muri iyo ntara.

    Ibyo bitero byatangiye ku wa Gatandatu ushize mu mudugudu wa Babungwe, aho abasivili bagera ku 100, benshi muri bo ari abahinzi, bashimuswe, bukeye bwaho, ku Cyumweru mu gitondo, abagabye igitero bateye umudugudu wa Lomalisa, barasa amasasu mbere yo gufata bugwate abandi basivili barenga 200, nk'uko bivugwa na Radio Okapi.

    Nyuma yaho, izo nyeshyamba zakomereje ibikorwa byazo by’urugomo mu duce twa Mabukulu na Masoli.

    Isesengura ry’umutekano muri ako karere rigaragaza ishusho mbi cyane. John Vuleverio, umwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu, yavuze umubare uteye impungenge: abasivili 388 baba bari mu maboko y’inyeshyamba.

    Asubirwani na Okapi agira ati: “Uku gushimuta kongeye gushyira abaturage mu kaga k’ihohoterwa rikomeye. Kurinda abasivile ni inshingano y’ibanze ya Leta.”

    Yanagaragaje impungenge ko benshi muri abo bashimuswe bashobora kuba baramaze kwicirwa mu ishyamba.

    Uku kwiyongera kw’urugomo kwongeye kwerekana ko umutekano ukomeje kuba muke muri iki gice cy’uburasirazuba bwa RDC, aho abaturage ari bo bakomeza kuba abahohoterwa mbere na mbere, nk’uko sosiyete civile ibivuga.

    Abategetsi b’akarere batangaje ko mu masaha ari imbere aribwo baza kugira icyo bavuga kuri iki kibazo.

    izindi nkuru wasoma:

  3. Touadera ararahirira manda ya gatatu

    Faustin Archange Touadera

    Ahavuye isanamu, Kremlin

    Insiguro y'isanamu, Faustin Archange Touadera

    Perezida Faustin-Archange Touadéra uyu munsi ararahirira gutegeka Centrafrique kuri manda ya gatatu nyuma yo gutsinda amatora mu mpera z’Ukuboza(12) umwaka ushize.

    Touadera, uri ku butegetsi kuva mu 2016, mu mwaka wa 2023 yabashije guhindura Itegeko Nshinga ryabuzaga perezida kuranza manda ebyiri kandi akura manda ya perezida ku myaka itanu ayigira irindwi.

    Abategetsi bo mu bihugu bya Afurika yo hagati bitezwe muri uyu muhango, muri bo harimo na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi nkuko bivugwa na RFI.

    Byitezwe ko Touadera azakomeza gushyira imbaraga mu mubano n’Uburusiya, igihugu gifite abarwanyi bo mu mutwe wa Wagner Group bagira uruhare mu gucunga umutekano wa Centrafrique.

    Touadera afitanye kandi umubano n’u Rwanda na rwo – ku bwumvikane n’ibihugu byombi – rwoherejeyo ingabo kurinda ubutegetsi bwe.

    Mbere yo gutsinda amatora yizeje ko azubaka igihugu cy’amahoro arambye kandi agateza imbere ubukungu n’ibikorwa remezo, akarwanya ruswa, akanateza imbere serivisi.

    Gusa iki gihugu kiracyugarijwe n’ibibazo by’ibiciro biri hejuru, ubukene n’impungenge z’umutekano mucye zimaze imyaka myinshi.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Trump aravuga kugera ku kumvikana mu gihe ingabo ze zisa n'izitegura igitero cyo ku butaka,

    Ifoto ya Trump yambaye ikote ry’umukara ari mu kijima k’ijoro

    Ahavuye isanamu, EPA

    Ibirimo kuvugwa na Perezida Donald Trump ko Iran iri hafi kwemera ibyo asaba byaje bihurirana n'amakuru atangwa n’abategetsi ba Amerika batavuzwe amazina, agaragaza ko ingabo ziteguye gukora ibitero byo ku butaka muri Iran.

    Ubu abasirikare b’ingabo za Amerika bari muri ako karere ni ibihumbi, harimo n’abasirikare b’inzobere n’abasimbuka mu ndege z'intambara (paratroopers) bari mu nzira.

    Ubutegetsi buratangaza ko Trump arimo gutekereza ku bikorwa byose, kuva ku gitero cyo gufata ikirwa cya Kharg cya Iran, kugera ku gikorwa cyo kwigarurira ububiko bwa Uranium itunganyije ya Iran, iryo Trump yita “ivumbi kirimbuzi rya Iran.”

    Mu byo yavugiye mu ndege ya Air Force One mu ijoro ryacyeye, Trump yavuze ko Iran yari yiteguye gutanga iyo Uranium bitaba ibyo ntizongere kuba igihugu.

    Perezida w’inteko ishinga amategeko ya Iran, Mohamed Bagher Ghalibaf, yavuze ko Trump yifashisha ibiganiro byo gushaka amahoro nko kurangaza ngo ategure igitero cyo ku butaka.

    Ghalibaf yavuze ko Iran itazemera gutanga intwaro kandi ingabo zayo zitegereje ziteguye ibitero byo ku butaka by'ingabo za Amerika yongeraho ko bazazishyira mu muriro.

    Amerika na Israel byateye bitunguye Iran mu gihe impande zombi zari zimaze iminsi mu biganiro ndetse byavugwa ko hari icyizere ko bigiye kugera ku kumvikana.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Ibisasu bikomeye muri iki gitondo hagati ya Iran na Israel

    Hagati aho Israel yakomeje ibitero no muri Liban

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Hagati aho Israel yakomeje ibitero no muri Liban

    Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyagabye ibitero bishyashya muri Iran mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere.

    Nyuma gato yo gutanga ibyo bitero kuri Tehran, izo ngabo zahise zitangaza ko Iran na yo yarashe za misile kuri Israel ko ubwirinzi bwabo bwo mu kirere burimo guhangana na zo.

    Mu itangazo kuri Telegram, igisirikare cya Israel Defence Force (IDF) cyashyize kuri Telegram, cyanditse ngo:

    “IDF ubu irimo kurasa ku bikorwa-remezo by’ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Iran ahatandukanye muri Tehran”.

    Nyuma gato IDF yahise itanga itangazo riburira rubanda muri Israel kujya mu bwihisho kubera misile za Iran.

    IDF yasabye abaturage “kwinjira ahantu hatekanye” kugeza bahawe andi mabwiriza.

    Ibitero bya Iran byashegeshe amajyepfo ya Israel aho umuriro mwinshi wabonetse ku gice cy’inganda kizwi nka Neot Hovaz.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. “Ibiganza byuzuye amaraso” - Papa Leo yanenze abategetsi bashoza intambara

    Papa Leo mu misa ya Mashami kuri iki cyumweru gishize

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Papa Leo mu misa ya Mashami kuri iki cyumweru gishize

    Mu gihe amakimbirane yo mu Burasirazuba bwo Hagati akomeje, umukuru wa Kiliziya Gatolika ku isi Papa Leo wa XIV yanenze abategetsi bashoza intambara ku isi ubwo yavugiraga mu misa y'umunsi mukuru wa mashami wa Kiliziya ku cyumweru.

    Papa Leo yavuze ko Imana yanga amasengesho y’abategetsi bashoza intambara kandi bafite “ibiganza byuzuye amaraso”.

    Ni amagambo yasobanuwe nko kunenga intambara ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bateyemo Iran.

    Yagize ati: “Uyu ni we Mana yacu: Yezu, umwami w’amahoro, wanga intambara, kandi nta muntu wamwitwaza mu guha impamvu intambara.

    Yongeraho agira ati: “Ntabwo [Yezu] yumva amasengesho y’abashoza intambara, ahubwo arayanga.”

    Asubiramo amagambo yo muri Bibiliya, agira ati: “‘Nubwo mwavuga amasengesho menshi, sinzayumva: ibiganza byanyu byuzuye amaraso.’”

    Papa Leo ni umunyamerika utarahwemye kugaragaza ko adashyigikiye politike za Trump kuva ku ngingo ze ku kibazo cy'abimukira kugeza no kuri iyi ntambara.

    Izindi nkuru wasoma:

  7. Kuki Amerika ishaka gufata ikirwa cya Kharg?

    Ikirwa cya Kharg

    Nkuko tumaze kubivuga, Trump yatangaje ko Amerika ishobora gufata ikirwa cya Kharg, ikirwa gito kiri ku mwaro wo mu majyepfo ya Iran.

    Amerika ihanze amaso iki kirwa kuko ni cyo huriro ry'ibitoro byinshi cyane Iran igurisha - ni igice cy'ingenzi cyane ku bukungu bwayo.

    Gufata iki kirwa - ubusanzwe cy’ubuso bwa kilometero-kare 20 gusa, - ntabwo byahagarika gusa Iran kohereza ibitoro hanze ahubwo byanaha inzira ibitero by’ingabo zikinjira ku butaka.

    Gufata iki kirwa byaba ari uguhagarika ahantu h’ingenzi leta ya Kislam ya Iran n’umutwe w’ingabo wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) bakura ubushobozi bw’imari.

    Ibyo byagira ingaruka ku buryo iki gihugu kibasha kurwana iyi ntambara nk’uko bivugwa n’umusesenguzi Mikey Kay, wo mu ishami Security Brief cya BBC.

    Igitero cyose cya Amerika cyo gufata iki kirwa cyaba ari igitero urebye gito ariko kigoranye, nk’uko inzobere mu by’intambara ikora ikiganiro cya podcast School of War yabibwiye BBC.

  8. Trump yavuze ko Amerika ishobora gukura ibitoro muri Iran no gufata ikirwa cya Kharg

    Donald Trump

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Donald Trump yabwiye Financial Times ko ashobora “gufata ibitoro muri Iran” byanashoboka agafata agace k’ingenzi cyane ku bitoro by’iki gihugu, ikirwa cya Kharg.

    Yagize ati: “Mbabwije ukuri, ikintu nifuza cyane ni ugufata ibitoro muri Iran ariko abantu b’ibicucu muri Amerika baravuga ngo: ‘Kuki urimo gukora ibyo?’ ariko ni abantu b’ibicucu.

    Perezida Trump yavuze ko ibyo bisobanuye gufaga ikirwa cya Kharg.

    Ati: “Wenda tugafata ikirwa Kharg, cyangwa ntitugifate. Dufite amahitamo menshi. Bisobanuye ko byaba ari ngombwa ko tuba turiyo [ku kirwa cya Kharg] mu gihe gito”.

    Twamubajije ku bwirinzi bwa Iran kuri icyo kirwa, ati: “Sinibaza ko hari ubwirinzi bafite. Twagifata byoroshye cyane”.

    Trump avuze ibi nyuma y’uko abasirikare 3,500 ba Amerika bageze mu Burasirazuba bwo hagati mu gihe ubwoba burimo kwiyongera ibitero bya Amerika kuri Iran byakwiyongera.

    Trump yongeheyeho ko ibiganiro biziguye [indirect] hagati ya Amerika na Iran biciye “ku ntumwa” za Pakistan birimo kugenda neza, ariko yanze kuvuga niba bashobora kugera ku gahenge vuba.

    Gusa yagize ati: “Ukumvikana gushobora kugerwaho vuba ugereranyije”.

    Izindi nkuru wasoma:

  9. Kaze kuri BBC Gahuzamiryango. Aha tubashikiriza amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'ikibiriraho