Butembo: Uyu munsi abakora taxi bose banze gukora nyuma y’uko umumotari yishwe
Imihanda myinshi mu mujyi wa Butembo mu ntara ya Kivu ya Ruguru nta binyabiziga byayigendaga kuri uyu wa mbere nyuma y’uko abakora taxi bumvikanye ko badakora mu kwamagana iyicwa rya mugenzi wabo.
Ibinyamakuru muri RD Congo bivuga ko Katembo Kavunga Joël yishwe arashwe n’abantu bitwaje intwaro mu gace kari hagati ya teritari ya Lubero n’umujyi wa Butembo kuwa gatanu ushize bakanatwara moto ye.
Amakuru avuga ko abamotari bashinze za bariyeri ku mihanda imwe n’imwe muri uyu mujyi ubusanzwe wa gatatu munini mu ntara ya Kivu ya Ruguru nyuma ya Goma na Beni, ngo bagenzure ko ingingo yabo y’uyu munsi yubahirizwa.
Icyemezo cy’aba bamotari n’abakora taxi cyahungabanyije ingendo z’abakozi uyu munsi muri uyu mujyi nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga.
Abakora taxi barasaba abategetsi muri uyu mujyi gukora iperereza no guhiga abishe mugenzi wabo Katembo Kavunga biteganyijwe ko ashyingurwa uyu munsi.
Butembo ni umujyi uri muri 300km mu majyaruguru ya Goma.
Ubugizi bwa nabi bwibasiye abakora taxi muri uyu mujyi bwarinubiwe muri iyi minsi.
Mu cyumweru gishize umugore witwa Kavira Kabuyaya Zawadi ukora taxi yashimuswe ari mu kazi, abamushimuse bavuga ko bazamurekura hatanzwe 50,000 by’amadorari ya Amerika.
Radio Elimu yo muri ako gace ivuga ko Zawadi ari umugore w’imyaka 29 ufite abana batatu, uzwi cyane muri uwo mujyi kubera umuhate we mu kazi ko gutwara taxi y’imitende itatu (tuk-tuk).
Mu mujyi wa Beni, mu majyaruguru ya Butembo mu cyumweru gishize naho habaye imyigaragambyo nk’iyi yo kumara umunsi wose abakora taxi badakoze barimo bamagana urupfu rwa mugenzi wabo wishwe muri ‘weekend’ yashize ari mu kazi.
Izindi nkuru wasoma: