Trump yakangishije 'imisoro ikaze' kuri EU kubera gahunda yayo yo kugira Canada 'umunyamuryango ucagase'
Perezida w’Amerika Donald Trump yakangishije gushyiraho “imisoro ikaze” ku bicuruzwa biva mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU), nyuma yuko Perezida Komisiyo ya EU Ursula von der Leyen yumvikanishije ko ashaka gufungurira umuryango Canada ngo ibe “umunyamuryango wa mbere ucagase” wayo.
Minisitiri w’intebe wa Canada Mark Carney yavuze ko ashaka kugirana “umubano wihariye” na EU.
Ariko ubwo Trump yari abajijwe kuri iyo gahunda ya Canada na EU, yavuze ko isekeje.
Yagize ati: “Nindamuka ntekereje na gato ko ari igikorwa cy’ubushyamirane, nzashyiraho imisoro ikaze cyane ku bicuruzwa cyangwa ndeke gukorana ubucuruzi n’Uburayi ku bintu byinshi.” Yongeyeho ati: “Niba ikigamijwe ari cyiza, ibyo ni byiza.”
Amerika iherutse kuzamura imisoro ku bicuruzwa biva muri Canada byinjira muri icyo gihugu – ndetse Canada na yo yihoreye izamura imisoro ku bicuruzwa biva muri Amerika.
Umwanditsi mukuru wa BBC ku Burayi Katya Adler avuga ko EU itarigera na rimwe igira umunyamuryango ucagase (utuzuye) – ndetse icyo kuba umunyamuryango ucagase bisobanuye mu ngiro ntigisobanutse neza.