Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Fiji yatangaje ko iri mu bihe by'amage kubera ubwandu bwa SIDA bwiyongereye

Umuntu umwe muri buri bantu 60 bakuru muri icyo gihugu gito cyane cyo mu nyanja ya Pasifika gituwe n'abaturage batageze kuri miliyoni imwe, ubu abana n'ubwandu bw'iyo virusi.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Trump yakangishije 'imisoro ikaze' kuri EU kubera gahunda yayo yo kugira Canada 'umunyamuryango ucagase'

    Perezida w’Amerika Donald Trump yakangishije gushyiraho “imisoro ikaze” ku bicuruzwa biva mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU), nyuma yuko Perezida Komisiyo ya EU Ursula von der Leyen yumvikanishije ko ashaka gufungurira umuryango Canada ngo ibe “umunyamuryango wa mbere ucagase” wayo.

    Minisitiri w’intebe wa Canada Mark Carney yavuze ko ashaka kugirana “umubano wihariye” na EU.

    Ariko ubwo Trump yari abajijwe kuri iyo gahunda ya Canada na EU, yavuze ko isekeje.

    Yagize ati: “Nindamuka ntekereje na gato ko ari igikorwa cy’ubushyamirane, nzashyiraho imisoro ikaze cyane ku bicuruzwa cyangwa ndeke gukorana ubucuruzi n’Uburayi ku bintu byinshi.” Yongeyeho ati: “Niba ikigamijwe ari cyiza, ibyo ni byiza.”

    Amerika iherutse kuzamura imisoro ku bicuruzwa biva muri Canada byinjira muri icyo gihugu – ndetse Canada na yo yihoreye izamura imisoro ku bicuruzwa biva muri Amerika.

    Umwanditsi mukuru wa BBC ku Burayi Katya Adler avuga ko EU itarigera na rimwe igira umunyamuryango ucagase (utuzuye) – ndetse icyo kuba umunyamuryango ucagase bisobanuye mu ngiro ntigisobanutse neza.

  2. Afurika y'Epfo: Umunyamakuru wari washimuswe yabonetse yapfuye afite ibikomere by'amasasu

    Ubutumwa bwo kwihanganisha bukomeje gutangwa ku muryango w’umunyamakuru w’imikino w'inararibonye wo muri Afurika y'Epfo wabonetse yapfuye, nyuma y’amasaha ashimutiwe hafi y’umujyi wa Johannesburg.

    Polisi yavuze ko Owen Ndlovu, wahoze atangaza amakuru ku gitangazamakuru cya leta (SABC), yafashwe ku wa kabiri ubwo yari arimo gutwara umugore we mu modoka amukuye ku rusengero rwo mu gace ka Katlehong.

    Umurambo we, abawubonye bavuze ko wari ufite ibikomere by’amasasu, wabonywe n’abaturage mu gitondo cyo ku wa gatatu, hashize amasaha ashimuswe.

    Polisi yatangiye gushakisha abantu batatu bacyekwa ndetse irimo gukora iperereza ku bijyanye n’iyicwa rye, ryongeye gutuma hibazwa ku kigero kiri hejuru cy’ibyaha by’urugomo muri Afurika y’Epfo.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Igice kimwe cy'ubwonko bwayo ni ubw'umuntu, ikindi ni ubw'imbeba – iyi ntambwe ikomeye abahanga bateye ivuze iki?

    Abahanga mu bumenyi bw’urwungano rw’imyakura ('système nerveux'/'nervous system') bo kuri Kaminuza ya Stanford muri Amerika bashoboye gutuma imbeba zigira uturemangingo tw’umuntu imbere mu bwonko bwazo.

    Abo bashakashatsi bizeye ko ubuvuzi bushobora kuzabaho bw’indwara zo mu mutwe n’iz’ubwonko ziboneka gusa mu bantu ubu bushobora kugeragerezwa kuri izo mbeba zo muri laboratwari.

    Mu gihe kuvuga ko izi mbeba zifite igice kimwe cy’ubwonko bwazo bw’umuntu bishobora kumvikana nk’amakabyankuru, abo bahanga muri siyansi bavuze ko izi atari “imbeba zitekereza nk’abantu”.

    Izo nyamaswa zakorewe muri laboratwari – ndetse zirahindurwa mu buryo bwo kuzibaga bwo kwa muganga – kugira ngo imwe mu misusire y’ubwonko bwazo ibe iy’umuntu.

    Abo bahanga muri siyansi bavuze ko ubushakashatsi bwabo, bwatangajwe mu kinyamakuru Nature cy’ubushakashatsi buba bwamaze kugenzurwa n’abandi bahanga bo muri urwo rwego (ibizwi nka 'peer review'/'examen par les pairs'), bwakozwe bugenzurwa n’itsinda ryigenga risuzuma iyubahirizwa ry’imikorere iboneye.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Fiji yatangaje ko iri mu bihe by'amage kubera ubwandu bwa SIDA bwiyongereye

    Fiji yatangaje ko iri mu bihe by’amage mu gihe ubwandu bwa SIDA bwiyongereye, ndetse irimo kongera serivisi zo kuyipima, gutanga imiti igabanya ubukana no kuyirinda.

    Hafi umuntu umwe muri buri bantu 60 bakuru bo kuri iryo tsinda ry’ibirwa (cyangwa amazinga mu Kirundi) ryo mu nyanja ya Pasifika ubu abana n’iyo virusi iba mu maraso, ugereranyije n’umuntu umwe mu bantu bakuru 167 wabaga ayirwaye mu myaka itanu ishize. Umubare w’abana bicwa n’ibibazo bivuye kuri virusi ya VIH (HIV) urimo kwiyongera.

    Mu mwaka wa 2025, icyo gihugu gituwe n’abaturage batageze kuri miliyoni imwe cyabonetsemo abantu bashya 2,016 basanzwe baranduye SIDA, nkuko bivugwa na Minisitiri w’ubuzima Atonio Lalabalavu, wavuze ko “igisubizo [uguhangana na yo] cyo ku rwego rw’ikiza ntikigihagije”.

    Mu mwaka ushize, inzobere mu buvuzi n’imiryango itari iya leta bari babwiye BBC ko umubare urimo kwiyongera w’abakoresha ibiyobyabwenge, gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye, gukoresha urushinge rumwe hamwe n’ibizwi nka “bluethoothing”, ari bimwe mu biteza iki cyorezo.

    "Bluetoothing" cyangwa "hotspotting" ni uburyo buteje akaga aho abakoresha ibiyobyabwenge bitera mu rushinge, bafata amaraso y’abantu bamaze kubikoresha bakayiteramo, ibyo bikaba byarongereye ubwandu bwa SIDA ku isi, cyane cyane mu bice bimwe byo muri Afurika no muri Pasifika.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.