Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
'Bakobwa nimutinyuke' – Emeline Imanizabayo wahaye u Rwanda zahabu ya mbere mu mikino nyafurika
- Umwanditsi, Latifa Mutesi
- Igikorwa, BBC Gahuzamiryango
- Yakoze inkuru ari, Nairobi
- Yatangajwe
- Igihe co gusoma: iminota 3
I Accra muri Ghana, nyuma yo gutwara umudali wa mbere wa zahabu mu mikino ngororamubiri nyafurika y'abakuru ku wa kabiri, Emeline Imanizabayo yahesheje ishema igihugu cye mu buryo butabayeho mbere muri iyi mikino.
Mu kiganiro na BBC Gahuzamiryango yavuze ko ibi yagezeho "n'undi munyarwanda wese yabigeraho" kandi by'umwihariko agenera ubutumwa abakobwa bakiri bato.
Mu ijoro ry'ubushyuhe bwinshi ku wa kabiri, Imanizabayo yari yiteguye gusiganwa n'abandi bakobwa muri 5,000m. Yari yiteguye gukora ibishoboka, ariko ntiyari azi neza ko agiye kwandika amateka.
Yabwiye BBC ati: "Njyewe nari mfite intego ko uwo ari we wese - ntitaye ngo ni bya bihugu dutinya - turi bwiruke".
Muri iri siganwa, ubwo hari hasigaye metero nka 300 Imanizabayo yari mu gikundi kiri imbere cy'abasiganwa nka barindwi, ari nko ku mwanya wa gatandatu muri icyo gikundi.
Umwe muri abo bakobwa yituye hasi, maze Imanizabayo atangira kuboneka atera intambwe zirimo imbaraga zikomeye.
Ariko mbere yaho yari yabanje gushidikanya ko hari icyo aza kugeraho nk'uko yabibwiye BBC.
Yagize ati: "Hasigaye nk'ikilometero kimwe niyumvise nk'utari bubishobore, ariko nibuka ko mpetse igihugu ndavuga nti reka nkore ibishoboka".
Imanizabayo yarashwekuye maze imbere hasigara gusa Samia Hassan wa Djibouti na Zeyen Ayelegn wa Ethiopia.
Ati: "Hasigaye metero nkeya tukiri kumwe ndavuga nti 'hano ndabasiga'."
Niko byagenze, mu buryo bwatunguye Zeyen wari imbere na Samia wari uriho agerageza kumucaho, babonye Emeline abanyuraho n'ingufu nyinshi cyane. Bagerageza kumukurikira ariko biranga abarusha imbaraga.
Amaze gutwara uwo mudali wa mbere wa zahabu u Rwanda rwegukanye mu isiganwa ry'imikino nyafurika, Imanizabayo nibwo yumvise ko akoze igikorwa gikomeye.
Avuga imbamutima yagize muri uwo mwanya, yabwiye BBC ati: "Njyewe numvise ari igitangaza kibaye kuba twabona umudali wa zabahu noneho utwawe nanjye, ni ibintu byanshimishije cyane".
Yongeraho ati: "Twahoze dutitanya Kenya na za Ethiopia, tuzi ko ari bo bantu bakomeye, ariko urwego tugezeho, urwego ngezeho ni uko ntekereza ko uwo ariwe wese twahangana."
Ibi bihugu ariko biracyatinyitse kuko muri iyi mikino izarangira mu mpera z'iki cyumweru Ethiopia imaze kwegukana imidali irindwi – harimo 4 ya zahabu, Botswana itanu – harimo ibiri ya zahabu, Kenya itatu harimo umwe wa zahabu, u Rwanda ruracyafite uwa Manizabayo umwe.
Kuri we itsinzi ye "ni ukubwira abanyarwanda ko bishoboka. Umunyarwanda wese washyizemo imbaraga nawe yabigeraho", nk'uko abivuga.
Nyuma yo kwitwara neza mu mikino nyafurika, Imanizabayo ubu arareba n'imikino y'isi.
Ati: "Mbere yo gutekereza shampiyona y'isi narabanje ndavuga nti 'reka ndebe ko n'iya Afurika bishoboka'."
Imanizabayo avuga ko afite ubutumwa agenera abakobwa bakiri bato bashaka kugera ku nzozi zabo.
Ati: "Icya mbere nababwira nti 'bakobwa nimutinyuke'. Akazi kose kaba sport, cyangwa akandi, nababwira ngo 'nimwitinyuke mujye no muri spiroro, si iy'agababo gusa amarembo arakinguye no kuri twese. Intambwe batera natwe twayitera".