Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, DR Congo yashyizeho akato k'iminsi 21 nyuma yuko umuganga wakoreye muri Ituri asanzwemo Ebola mu Bufaransa

Abategetsi bavuze ko uwo muganga yakoreraga mu kigo kivurirwamo Ebola cy'i Rwampara mu ntara ya Ituri.

Incamake

DR Congo yashyizeho akato k'iminsi 21 nyuma yuko umuganga wakoreye muri Ituri asanzwemo Ebola mu Bufaransa

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Latifa Mutesi

  1. DR Congo yashyizeho akato k'iminsi 21 nyuma yuko umuganga wakoreye muri Ituri asanzwemo Ebola mu Bufaransa

    Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yashyizeho akato k’iminsi 21 ku bagenzi bajya ahandi mu gihugu no mu mahanga bavuye mu turere twibasiwe na Ebola, nyuma yuko abategetsi bo mu Bufaransa bemeje ko umuganga wavuye muri DRC yanduye iyo virusi.

    Abategetsi bavuze ko uwo muganga, wakoreraga umuryango w’ubutabazi witwa ALIMA, yakoreraga mu kigo kivurirwamo Ebola cy’i Rwampara mu ntara ya Ituri, mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’icyo gihugu, kugeza ku itariki ya 19 y’uku kwezi kwa Kamena.

    Yabanje kunyura mu murwa mukuru Kinshasa, abona gufata indege igana mu Bufaransa ku wa kabiri w’iki cyumweru.

    Ubwo yari ageze mu Bufaransa, ku bushake bwe yijyanye kwa muganga, aho ibizamini byo muri laboratwari byemeje ko yanduye Ebola y’ubwoko bwa Bundibugyo, ari na bwo buri muri iki kiza cyongeye kwaduka muri DRC no – ku rugero ruto – muri Uganda.

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima hamwe n’ikigo cy’Amerika cyo kurwanya no gukumira indwara bivuga ko Ebola yandura gusa iyo ibimenyetso byayo bitangiye kugaragara, kandi ko kwandura bibaho binyuze mu guhura kutaziguye kw’amatembabuzi yo mu mubiri.

    Uwo muganga nta bimenyetso bya Ebola yagaragazaga ubwo yari akiri muri DRC ariko yafatwaga ko ari mu byago kubera ko yakoreraga akazi aharangwa Ebola.

    Kinshasa yasabye Paris kuyiha ku makuru y’abagize aho bahurira n’uwo muganga ndetse isezeranya ko izabikurikiranira hafi cyane bijyanye n’amabwiriza mpuzamahanga y’ubuzima.

    Abategetsi bavuze ko kuburira bihita bituma habaho iperereza ryuzuye ku ndwara mu baturage, abagize aho bahurira n’uwanduye bakagenzurwa mu gihe cy’iminsi 21.

    Uburyo bwo gukurikiranira hafi ibijyanye n’ubwandu buracyariho ku bibuga by’indege by’i Bunia, umurwa mukuru w’intara ya Ituri, n’i Kinshasa. Ubwo buryo burimo gutahura abanduye, gushyira mu kato no kwemeza ubwandu muri laboratwari.

    Imibare mishya igaragaza ko abantu 1,118 bemejwe ko banduye Ebola, 291 irabica naho 122 barakira mu ntara za Ituri, Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo. Ikigero cyo kwica cya Ebola kiri kuri 26%, naho gutahura abagize aho bahurira n’abanduye biri ku kigero cya 77%.

    Rwampara yonyine yagaragayemo abantu barenga 200 banduye Ebola n’abantu 100 bishwe na yo, bituma ako karere k’ubuvuzi kaba kamwe mu twibasiwe cyane na Ebola.

    Abategetsi bavuze ko ingamba y’akato yongerera imbaraga uburyo busanzweho bw’igenzura kandi ko ishimangira ko DRC yiyemeje gukorera mu mucyo, kutajenjeka mu bya siyanse, n’ubufatanye mpuzamahanga mu guhangana n’iki kiza cyongeye kwaduka muri iki gihugu ku nshuro ya 17.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.