Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Amerika yadohoye ibihano ku bikomoka kuri peteroli mu gihe Iran ihakana ibyavuzwe na Vance ku bagenzuzi ba nikleyeri

Minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Iran ivuga ko "nta bintu bishya yiyemeje" bijyanye n'ubugenzuzi bwa nikleyeri, nyuma y'ibiganiro byabereye mu Busuwisi.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Kenya: Minisitiri yahamwe no gusuzugura urukiko bijyanye n'ikigo cya Ebola gishyigikiwe n'Amerika

    Minisitiri w’ubuzima wa Kenya Aden Duale yahamwe no gusuzugura urukiko kubera uko yitwaye mu iyubakwa ry’ikigo cy’akato cya Ebola cyateje impaka, cyatewe inkunga n’Amerika.

    Mu kwezi gushize, urukiko rukuru rwahagaritse iyubakwa ry’icyo kigo cy’akato giteganyijwe kugira ubushobozi bw’ibitanda 50 by’abarwayi, mu kigo cya gisirikare cyo mu mujyi wa Nanyuki, kugeza ubwo ikirego cyatanzwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu kizaba kimaze kuburanishwa.

    Ariko ku wa mbere, umucamanza yanzuye ko Duale yirengagije iryo tegeko agatuma uwo mushinga w’ubwubatsi ukomeza. Biteganyijwe ko akatirwa kuri uyu wa kabiri.

    Icyo kigo cy’akato giteganyijwe kwakira Abanyamerika bacyekwaho kwandura Ebola yo mu kiza kiriho ubu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

    Iyo gahunda yateje urukurikirane rw’imyigaragambyo y’abarakajwe na byo yabereye i Nanyuki, umujyi uri mu ntera ya kilometero hafi 140 mu majyaruguru y’umurwa mukuru Nairobi.

    Iyo myigaragambyo yapfiriyemo abantu batatu mu gihe abapolisi bageragezaga gutatanya abigaragambyaga.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Amerika yadohoye ibihano ku bikomoka kuri peteroli mu gihe Iran ihakana ibyavuzwe na Vance ku bagenzuzi ba nikleyeri

    Iran yahakanye ibyavuzwe na Visi Perezida w’Amerika JD Vance ko izemerera abagenzuzi ba nikleyeri gusubira muri icyo gihugu, nyuma y’icyiciro cya mbere cy’ibiganiro hagati ya Washington na Tehran bigamije kugera ku masezerano ya nyuma yo kurangiza intambara.

    Nyuma y’ibyo biganiro byabereye mu Busuwisi, Vance yavuze ko ibiganiro hamwe n’ikigo mpuzamahanga cy’ubugenzuzi by’ibya nikleyeri (IAEA) bishobora kuba “vuba cyane nk’uyu munsi”.

    Ariko minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran yabwiye ibitangazamakuru bya leta ko Tehran “nta bintu bishya yiyemeje” bijyanye n’ubugenzuzi bwa nikleyeri.

    Ibyo byabaye mu gihe Amerika yabaye ikuriyeho Iran ibihano, bigatuma Iran ishobora kugurisha mu madolari y’Amerika ibikomoka kuri peteroli, ku nshuro ya mbere mu myaka ibarirwa muri za mirongo ishize.

    Mu itangazo rihuriweho ryo ku wa mbere, abahuza – Qatar na Pakistan – bavuze ko nyuma y’icyiciro cya mbere cy’ibiganiro byabereye mu gace ka Bürgenstock mu Busuwisi, Amerika na Iran byemeye “igishushanyo-mbonera kiganisha ku masezerano ya nyuma mu gihe cy’iminsi itarenze 60”.

    Vance yasobanuye ibyo biganiro avuga ko byashinze “umusingi mwiza cyane”.

    Uwo Visi Perezida w’Amerika yavuze ko amatsinda y’impande zombi yaganiriye ku kongera gufungura Umuhora wa Hormuz no “guhosha intambara ku bw’agahenge ko mu karere”.

    Itangazo ryo kuba rikuyeho ibihano mu gihe cy’iminsi 60 ryatangajwe ku wa mbere na minisiteri y’imari y’Amerika, risenya iby’ingenzi mu ikomanyiriza Amerika yari imaze igihe yarashyiriyeho Iran, rifite amateka yuko ryashegeshe ubukungu bwa Iran.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.